Surah Al-Burooj ( The Big Stars )

Surah Al-Burooj ( The Big Stars ) - Kinyarwanda Aya count 22

Ndahiye ikirere gifite inyenyeri nini nyinshi (zimurika nijoro),
N’umunsi w’isezerano (umunsi w’imperuka),
N’umunsi w’ubuhamya (umunsi wa Idjuma) ndetse n’umunsi w’ikoraniro (umunsi wa Arafat).
Abantu bacukuriye abemeramana imyobo (yo kubatwikiramo) baravumwe,[1]
Ubwo bacanaga umuriro ugurumana cyane,
Mu by’ukuri abatoteje abemeramana n’abemeramanakazi (babakorera iyicarubozo), nyuma ntibicuze (kuri Allah), bazahanishwa ibihano by’umuriro wa Jahanamu, banahanishwe ibihano bitwika.
Mu by’ukuri ibihano bya Nyagasani wawe (yewe Muhamadi) birakaze.
Mu by’ukuri ni We waremye (ibiremwa bitari biriho) kandi ni na We uzabigarura (ku munsi w’imperuka).
Kandi ni We Ubabarira ibyaha, Umukunzi (w’abemeramana),
Kandi Allah azi neza ibikorwa byabo byose (kandi azabibahanira).
(Yanditse) ku rubaho rurinzwe (Lawuhul Mahfudh).
Share