Surah At-Takwir ( The Overthrowing )

Surah At-Takwir ( The Overthrowing ) - Kinyarwanda Aya count 29

Igihe izuba rizazingwazingwa (urumuri rwaryo rukazimira),
N’igihe imisozi izakurwa mu myanya yayo,
N’igihe ingamiya zihaka zizarekwa (ntizitabweho),
N’igihe inyamaswa z’inkanzi zizakoranyirizwa hamwe,
N’igihe roho zizasubizwa mu mibiri yazo (abeza bakajya ukwabo n’ababi bakajya ukwabo).
N’igihe umwana w’umukobwa wahambwe ari muzima azabazwa,[1]
N’igihe ibitabo (bikubiyemo ibikorwa byiza n’ibibi bya buri muntu) bizaramburwa (bigakwirakwizwa),
N’igihe ikirere kizakurwaho igishishwa cyacyo (inyenyeri zavuyeho),
Bityo, ndahiye inyenyeri zitagaragara ku manywa zikongera kugaragara nijoro,
Mu by’ukuri (Qur’an) ni ijambo ryazanywe n’Intumwa yubahitse [(Malayika Jibrilu), (riturutse kwa Allah)],
(Iyo ntumwa) ifite imbaraga (n’urwego rwo hejuru) yahawe na nyiri Ar’shi[1] y’icyubahiro (Allah).
Yumvirwa (n’abamalayika mu ijuru) kandi ikaba yizewe (kwa Allah).
Kandi (yemwe bahakanyi) mugenzi wanyu (Intumwa Muhamadi ibakomokamo) si umusazi.
Kandi rwose yamubonye (Malayika Jibrilu) ari mu kirere gikeye.
Kandi (Intumwa Muhamadi) ntigundira ibyo yahishuriwe (ngo ireke kubyigisha abantu).
Mu by’ukuri iyi (Qur’an) nta kindi iri cyo usibye kuba ari urwibutso ku biremwa (byose).
Kuri wa wundi muri mwe ushaka gukurikira inzira igororotse.
Kandi nta cyo mwashaka (ngo kibe) keretse Allah, Nyagasani w’ibiremwa (byose) aramutse agishatse.
Share