Surah Abasa ( He frowned )

Surah Abasa ( He frowned ) - Kinyarwanda Aya count 42

(Intumwa Muhamadi) yazinze umunya inatera umugongo.
Ubwo umuntu utabona (Abdullah bin Umm-Maktum) yari aje ayisanga (igihe yigishaga bamwe mu bikomerezwa by’Abakurayishi).
Cyangwa akakira urwibutso, hanyuma urwibutso rukamugirira akamaro?
Naho wa wundi wirata yumva ko adakeneye (kuyoboka),
Kandi nta cyo wabazwa aramutse atiyejeje (ngo ave mu buhakanyi, kuko wowe icyo ushinzwe ari ugusohoza ubutumwa bwa Allah gusa).
Kandi akaba atinya (Allah n’ibihano bye),
Oya ntibikwiye! Mu by’ukuri (iyi Qur’an) ni urwibutso.
(Iri) mu nyandiko zirinzwe mu cyubahiro (Lawuhul Mahfudh),
Ziri mu maboko y’abanditsi (abamalayika bajyana ubutumwa ku bantu),
B’abanyacyubahiro kandi b’inyangamugayo.
Umuntu (w’umuhakanyi) navumwe! Mbega ukuntu ari umuhakanyi (w’indashima)!
Nuko amworohereza inzira (y’imibereho ye).
Nuko tugasatura ubutaka uko bikwiye (kugira ngo amazi abashe kubwinjiramo n’imbuto zimere),
N’imirima igizwe n’ibiti by’inzitane,
Kugira ngo bibagirire akamaro, mwe n’amatungo yanyu.
Ariko ubwo urusaku ruziba amatwi (impanda y’imperuka) ruzaza,
Kuri uwo munsi, buri muntu azaba afite ibimuhangayikishije (bituma atita ku bandi).
Kuri uwo munsi, uburanga (bw’abemeramana) buzaba bwererana,
Bamwenyura, bishimiye inkuru nziza bahawe (y’Ijuru).
Naho uburanga (bw’abahakanyi) kuri uwo munsi buzaba bwuzuye umukungugu,
Share