Surah An-Naba' ( The Great News )

Surah An-Naba' ( The Great News ) - Kinyarwanda Aya count 40

Ni iki (abahakanyi b’abakurayishi) babazanyaho?
Ku nkuru ihambaye (Qur’an n’umunsi w’imperuka),
(Iyo nkuru) batavugaho rumwe (hagati y’abayemera n’abayihakana).
Tukanabarema muri ibitsina byombi (gabo na gore)?
Kandi ibitotsi byanyu twabigize uburyo bw’ikiruhuko.
N’ijoro turigira nk’umwambaro (binyuze mu mwijima waryo).
Ndetse (n’izuba) turigira itara rimurika cyane.
N’imirima y’ibiti by’inzitane.
N’imisozi izakurwa mu myanya yayo, imere nk’ibirorirori.
(Ibyo bikazaba) ari igihembo gikwiye (ibikorwa bibi bakoraga).
Ngaho nimusogongere (ingaruka z’ibikorwa byanyu bibi), kandi nta kindi tubongerera usibye ibihano.
Mu by’ukuri abagandukira Allah bazabona intsinzi (Ijuru);
N’inkumi z’urungano (Huur-ul Ayn),
Ndetse n’ibirahuri byuzuye (ibinyobwa bidasindisha).
(Ibyo bizaba) ari ibihembo biturutse kwa Nyagasani wawe; impano ijyanye (n’ibikorwa byabo).
Nyagasani w’ibirere n’isi n’ibiri hagati yabyo, Nyirimpuhwe. (Ku munsi w’imperuka), nta bushobozi bwo kugira icyo bamuvugisha bazaba bafite (keretse abishatse).
Umunsi Roho (Malayika Jiburilu) n’abandi bamalayika bazahagarara ku mirongo, ntibazavuga keretse uwo (Allah) Nyirimpuhwe azabihera uburenganzira, kandi akavuga ibiri ukuri.
Uwo munsi ni ukuri (uzaza nta gushidikanya). Bityo, ubishaka yakwiteganyiriza kwa Nyagasani we aho azashyikira.
Share