Surah Al-Ma'arij (The Ways of Ascent )

Surah Al-Ma'arij (The Ways of Ascent ) - Kinyarwanda Aya count 44

(Nyamara ibyo bihano) nta kizabibuza kugera ku bahakanyi,
(Bizabageraho ku munsi w’imperuka) biturutse kwa Allah, nyir’amayira azamuka (agana mu ijuru).
Abamalayika ndetse na Roho (Malayika Jibrilu) bazamuka iwe (Allah) mu gihe cy’umunsi umwe ungana n’imyaka ibihumbi mirongo itanu (ya hano ku isi, abandi batari bo bakoresha muri urwo rugendo).
Bityo, ihangane (yewe Muhamadi) wifashishije ukwihangana kwiza.
N’imisozi ikaba nk’ubwoya (bukemurwa ku matungo bukorwamo imyambaro)
Kandi nta nshuti izigera ibaza iby’inshuti yayo,
N’ubwo bazaba barebana (ndetse bakanamenyana, ariko nta cyo bazamarirana). Kubera ibihano by’uwo munsi, umunyabyaha azifuza gutangaho incungu abana be,
N’umuryango we yahungiragaho (akiri ku isi igihe ahuye n’ibimuteye ubwoba).
Ndetse n’abari mu isi bose (azifuza kubatangaho incungu) kugira ngo arokoke.
Ariko nta cyo bizamumarira! Ahubwo azajya mu muriro ugurumana,
Uzaba uhamagara uwo ari we wese wateraga umugongo akanirengagiza (ukuri gukubiye muri Qur’an),
Akanakusanya (umutungo) akawuhunika (ntawukoreshe mu nzira ya Allah).
Wagenewe usaba n’uwiyumanganyije (nyamara akeneye ubufasha);
Kubera ko mu by’ukuri ibihano bya Nyagasani wabo nta n’umwe wakwizera ko bitamugeraho.
None se ni iyihe mpamvu ituma abahakanyi bakugana (yewe Muhamadi) bihuta (bashaka kukumva, kandi batakwemera)?
Ntabwo ari ko bimeze! Mu by’ukuri twabaremye tubakomoye mu byo bazi[1] (ariko banga kwemera).
Bityo, ndahiye ku izina rya Nyagasani w’Uburasirazuba bwose n’Uburengerazuba bwose, ko rwose dushoboye,
Share