Surah Al-Haaqqah ( The Inevitable )

Surah Al-Haaqqah ( The Inevitable ) - Kinyarwanda Aya count 52

Ukuri kudakumirwa (umunsi w’izuka).
(Allah) yawubateje mu gihe cy’amajoro arindwi n’amanywa umunani bikurikiranye. Wabonaga abantu ari imirambo irambaraye imeze nk’ingiga z’ibiti by’imitende (byaranduwe) birangaye (birimo ubusa mo imbere).
Farawo n’ababayeho mbere ye ndetse n’abo mu midugudu yabirinduwe (abantu ba Loti) bakoze ibyaha,
Mu by’ukuri ubwo amazi yarengaga inkombe (mu gihe cy’umwuzure wo ku bwa Nuhu, abamwemeye) twabatwaye mu bwato.
N’ikirere kizasatagurika, maze uwo munsi kibe cyoroshye (ku buryo cyakwiyasagura).
N’abamalayika bazaba bakizengurutse (ikirere) impande zacyo. Kandi kuri uwo munsi abamalayika umunani biyongera kuri abo bazaba bateruye Ar’shi[1] ya Nyagasani wawe.
Uwo munsi muzahagarikwa (imbere ya Allah). Nta kintu na kimwe cyanyu kizayoberana.
Bityo, uzahabwa igitabo cye mu kuboko kw’iburyo, azavuga (aratira abandi) agira ati “Nimuze musome igitabo cyanjye.”
Rwose njye nari nzi neza ko nzahura n’ibarura ryanjye nk’iri (kubera ibikorwa byiza nakoze).
Imbuto zabwo zizaba ziri bugufi (yabo).
(Bazabwirwa bati) “Nimurye munanywe kandi muryoherwe, ibyo ni ukubera ibyo mwakoze mu minsi yahise (mukiri ku isi).”
Naho uzahabwa igitabo cye mu kuboko kw’ibumoso, azavuga (yicuza n’agahinda kenshi) ati “iyaba ntari mpawe iki gitabo cyanjye!”,
Iyaba urupfu (rwanjye napfuye mva ku isi) rwari rwo rwa burundu.
N’ubutware bwanjye bwabaye imfabusa (bwancitse).
(Abarinzi b’umuriro bazabwirwa bati) “Mumufate mumubohe,
Nta n’ubwo yajyaga ashishikariza (abantu) kugaburira abakene.
None hano uyu munsi nta nshuti ari bugire (yamuvuganira cyangwa ngo imurinde ibihano)
Nta n’ibyo kurya (ari buhabwe) uretse amashyira (y’abantu bo mu muriro),
Mu by’ukuri iyi (Qur’an) ni ijambo (rya Allah risomwa) n’Intumwa yubahitse (Muhamadi).
(Ahubwo ni igitabo) cyahishuwe giturutse kwa Nyagasani w’ibiremwa.
Twari kumufatisha imbaraga n’ukuboko kw’iburyo.
Maze tukamuca umutsi w’umujyana w’ibanze (uvana amaraso mu mutima uyohereza hose mu mubiri).
Nta n’umwe muri mwe wari kugira icyo amumarira (ngo amutabare).
Kandi mu by’ukuri (Qur’an) ni urwibutso ku bagandukira Allah.
Kandi rwose (ku munsi w’imperuka, Qur’an) izaba amakuba ku bahakanyi.
Kandi mu by’ukuri (Qur’an) ni ukuri kudashidikanywaho.
Share